Muhanga: Umuryango WPR watanze ibikoresho by’ishuri ku banyeshuri biga muri GS Vunga

Kuri uyu wa Kane tariki 25 Mata 2024, abanyeshuri biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Vunga (GS Vunga) bahawe ibikoresho by’ishuri  ni  umuryango Women progress family (WPF)   bavuga ko bigiye kubafasha  mu gutsinda neza amasomo yabo.

Women Progress Family ni umushinga umaze igihe gito ukorana n’ibigo by’amashuri bitandukanye aho batoranya abana b’abakobwa batifashije kurusha abandi bakabafasha kubona ibikoresho bikenewe ngo imyigire yabo igende neza.

Bamwe mu banyeshuri bahawe ibikoresho bishimira ko G.S Vunga ari kimwe mu bigo byatoranyijwe gukorerwamo ni uyu mushinga bagahamya ko waje ukenewe.

Aganira na ICKNews, Niyonshuti Akarabo Brandine ni  umunyeshuri wiga mumwaka wa mbere w’a mashuri yisumbuye muri iki kigo   akaba ari nawe watwaye igihembo cy’u mukobwa wahize abandi mukugira amanota meza  mu gihembwe  cya kabiri cy’amashuri cyuyu  mwaka yagize ati “ ndashimira cyane women progress family kuko mbere  kwiga byari bigoye  kubera kubura  ibikoresho na mafaranga y’ishuri    ugasanga ikaramu cyangwa amakayi bishize ntabindi mfite  nkabura ibyo kwigiramo   ariko ubundabibona nkabasha kwiga neza  nkana tsinda neza .

Ishya  shami Brisca  nawe wiga muri iki cyigo akaba anafashwa ni uyu mushinga yunze murya Niyonshuti nawe ashimira  WPF yemeza ko ibikoresho ahawe bigiye kumufasha kongera isuku ndetse yige neza atsinde amasomo ye.

Muhirwa  Paulin umuyobozi wa Gs VUNGA Yavuze ko inkunga bahawe n’uyu mushinga ari ingirakamaro kuko mbere  wasangaga Gs VUNGA aricyo kigo cya nyuma mu murenge wose wa Shyoge mu gifite abanyeshuri batishyura amafaranga y’ishuri yemeza ko i kuri ubu umubare wagabanutse.

Muhirwa  Paulin uyobora GS VUNGA

Yagize ati” Ndashimira umuryango Women Progress Family kuko udufasha cyane  mu kwishyurira amafaranga y’ishuri abagera  kuri    220 naho 50 muri bo bakabaha n’ ibikoresho   by’ishuri,  rero hari icyahindutse kandi nizera ko imitsindire y’a bana iri kuzamuka”.

Gatore  Eric  Umuyobozi Ushinzwe  amasomo mu  Murenge wa Shyogwe nawe wari witabiriye iki gikorwa yashimiye uruhare rw’uyu mushinga mu kuzamura ireme ry’uburezi mu Karere ka Muhanga gusa anabasaba kongera ubufasha bagenera abanyeshuri bakamanuka no mu banyeshuri biga mu mashuri abanza ngo kuko naho harimo umubare munini wabatishoboye.

Ati”Ndasaba  umuryango   Women Progress Family ko  nukomeza kubona ubushobozi  bazafata n’abanyeshuri bo mu mashuri abanza  kuko   nabo usanga nta bushobozi buhagije bafite bwo kubona ibikoresho by’ishuri  kandi naho harimo n’ababa   baratangiye kujya mu mihango bakabura ibikoresho by’isuku.”

Ibikoresho byatanzwe ni amakayi, amakaramu , ibikoresho by’isuku byifashishwa mu gihe cy’imihango ku bagore no kubakobwa.

Source: Ick Journalism / Igiraneza Rosine / April 26, 2024

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *